Polisi yo mu Mujyi wa Kampala muri Uganda yatangaje ko iri gukora iperereza ku rupfu rw’umumotari w’imyaka 34, usanzwe ari umufana wa Arsenal, aho yapfuye nyuma y’amakimbirane ajyanye n’amarushanwa y’umupira w’amaguru hagati y’abafana ba Arsenal na Manchester United.
Mu itangazo ryashyizwe ahagaragara kuri uyu wa Mbere, tariki 25 Gicurasi, Polisi ya Uganda yavuze ko ibi byabaye ku mugoroba wo ku Cyumweru, tariki 24 Gicurasi, mu gace ka Bakuli muri Kampala.
Umuvugizi wa Polisi ya Kampala Metropolitan, Rachael Kawala, yagize ati “Polisi ya Kampala iri gukurikirana icyaha cyo kwica umuntu cyabaye tariki 24 Gicurasi 2026, hafi Saa Kumi n’Ebyiri n’Igice z’umugoroba mu gace ka Bakuli, Kampala Central Division, mu Karere ka Kampala.”
Polisi yamenye ko uwishwe yari yitwa Denis, atuye mu Bakuli mu gihe yatwaraga moto nto izwi nka “boda boda”.
Abakora iperereza bavuga ko amakimbirane yatangiriye ku bwumvikane buke hagati ya Denis n’undi mugabo witwa gusa Musiramu.
Polisi ya Uganda yavuze ko “Ibimenyetso bya mbere byerekana ko ku itariki n’isaha byavuzwe haruguru, Denis,wari usanzwe ari umufana wa Arsenal, yagiranye ikibazo n’ukekwa witwa Musiramu, bivugwa ko ari umufana wa Manchester United.”
Itangazo rya Polisi ryakomeje rivuga ko ayo makimbirane ari yo yavuyemo urupfu rwa Denis aho yakubiswe na Musiramu ikintu ku mutwe.
Abayobozi batangaje ko gushaka no gufata ukekwa bikomeje.
Polisi kandi yemeje ko umubiri wa Denis wajyanye ku Bitaro Bikuru bya Mulago kugira ngo hakorwe isuzuma ku rupfu rwe.