Argentina yahaye agaciro kihariye umunsi yatsinzemo England, nyuma y’imyaka 40 y’amateka asharira

 

Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru muri Argentina (AFA) ryatangaje ko 15 Nyakanga izajya iba “Umunsi w’Amakipe y’Igihugu y’Umupira w’Amaguru”, mu rwego rwo kwizihiza intsinzi Argentina yakuye kuri England muri kimwe cya kabiri cy’Igikombe cy’Isi cya 2026.

 

Argentina yatsinze England 2-1, nyuma y’uko England yari yabanje kuyobora umukino ku gitego cya Anthony Gordon ku munota wa 55. Argentina yaje guhindura ibintu mu minota ya nyuma, itsinda ibitego bibiri ku munota wa 85 n’uwa 92.

 

Iyi ntsinzi yongeye kuzamura amarangamutima akomeye asanzwe ari hagati y’ibihugu byombi. Argentina na England bifitanye amateka akomeye mu mupira w’amaguru, cyane cyane nyuma y’umukino wo muri kimwe cya kane cy’Igikombe cy’Isi cya 1986, Argentina yatsinzemo England.

 

Nyuma y’umukino wa 2026, bamwe mu bakinnyi ba Argentina bizihije intsinzi bafashe icyapa cyanditseho “Las Malvinas son Argentinas”, bisobanuye ngo “Ibirwa bya Falkland ni ibya Argentina.”

 

Ibirwa bya Falkland, biri mu nyanja ya Atlantika y’Amajyepfo, ni agace u Bwongereza bwitwaje ko ari intara yabwo, mu gihe Argentina ikomeje kubisabira ubusugire. Mu 1982, Argentina yigeze gutera ibi birwa, bitera intambara yamaze iminsi 74 hagati yayo n’u Bwongereza.

 

Iyo ntambara yahitanye abasirikare 655 ba Argentina na 255 b’Abongereza, ndetse hapfa n’abantu batatu bari batuye ku birwa.

 

Nubwo Argentina yaje gutsindwa na Spain igitego 1-0 ku mukino wa nyuma w’Igikombe cy’Isi cya 2026, intsinzi yayo kuri England yakomeje kuba imwe mu bihe byibukwa cyane muri iki gikombe.

 

Ku rundi ruhande, England yegukanye umwanya wa gatatu nyuma yo gutsinda France ibitego 6-4.

[mc4wp_form]