Ikipe ya APR FC yasabye Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru muri Afurika (CAF) kwimurira ahandi umukino wa CAF Champions League izakinamo na Les Aigles du Congo yo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (DRC).

 

Uyu mukino uteganyijwe kubera i Kinshasa hagati ya tariki ya 4 n’iya 6 Nzeri 2026, ariko APR FC ivuga ko impungenge z’umutekano ndetse n’icyorezo cya Ebola muri DRC bishobora gushyira abakinnyi n’abakozi bayo mu kaga.

 

Umutoza wa APR FC, Abderrahim Taleb, yavuze ko ikipe idashaka gushyira abakinnyi bayo mu kaga, bityo ikaba yasabye CAF ko umukino wakinirwa ku kibuga kitabogamiye ku ruhande rumwe.

 

Tanzania ni kimwe mu bihugu byavuzwe nk’ahashobora kubera uyu mukino, mu gihe APR FC itegereje igisubizo cya CAF.

 

Kugeza ubu, CAF ntiratangaza niba yemeye kwimura uyu mukino. APR FC ariko ikomeje imyitozo no kwitegura iri rushanwa mu gihe itegereje umwanzuro uzava mu busabe bwayo.

[mc4wp_form]