Senegal yazamuye ibiciro bya lisansi nyuma y’izamuka rikomeye ry’ibiciro bya peteroli ku isoko mpuzamahanga.
Kuva ku wa 15 Kanama 2026, litiro ya lisansi isanzwe igura 990 CFA, ivuye kuri 920 CFA. Diesel yo yageze kuri 755 CFA kuri litiro, ivuye kuri 680 CFA.
Leta ya Senegal yavuze ko iri zamuka rishingiye ku izamuka ry’ibiciro bya peteroli ku isi. Ibyo biciro byazamutse cyane kubera intambara n’umutekano muke mu Burasirazuba bwo Hagati.
Guverinoma yavuze ko yari imaze gukoresha amafaranga menshi mu kugoboka ibiciro bya lisansi. Kuva mu ntangiriro z’uyu mwaka, yatangaje ko yakoresheje arenga miliyari 245 CFA mu nkunga ya lisansi.
Leta yavuze ko gukomeza kugumana ibiciro bya kera byari gutuma ikenera andi miliyari 47 CFA mu kwezi kumwe.
Nubwo ibiciro byazamutse, Guverinoma yavuze ko izakomeza gufasha ingo zifite amikoro make guhangana n’ingaruka z’izamuka ry’ibiciro.