Umuryango FairSquare urasaba FIFA kubuza Gianni Infantino kongera kwiyamamariza kuyobora uyu muryango.

 

Uvuga ko Infantino yamaze gukoresha manda eshatu zemewe n’amategeko ya FIFA.

 

Infantino yatangiye kuyobora FIFA mu 2016, asimbura Sepp Blatter wari wayeguye.

 

Muri 2022, FIFA yemeye ko igihe gito Infantino yamaze kuri manda ya Blatter kitabarwa nka manda ye.

 

Ibi byatumye Infantino abasha gukomeza kuyobora FIFA no gutegura kongera kwiyamamaza mu matora azaba mu 2027.

 

FairSquare ivuga ko icyo cyemezo kitajyanye n’amategeko ya FIFA agena igihe umuyobozi ashobora kumara ku butegetsi.

 

Uyu muryango wasabye komite ya FIFA ishinzwe imiyoborere, igenzura n’imikoranire n’abanyamuryango gusuzuma iki kibazo.

 

Infantino kandi ari kugenzurwa cyane nyuma y’uko UEFA, AFC na CONCACAF basabye ko imikorere ye isuzumwa.

 

Muri Werurwe 2027, FIFA izatora umuyobozi wayo mu nama izabera muri Maroc. Infantino ategerejweho kongera kwiyamamaza.

 

Kugeza ubu, FIFA ntiratangaza icyo ivuga ku kirego cya FairSquare.

[mc4wp_form]