Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu (UAE) yahagaritse ubucuruzi n’imikoranire y’imari na Iran mu gihe kitazwi, nyuma yo gushinja Iran kurasa misile ebyiri ku butaka bwayo.
Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga ya UAE yatangaje ko iki cyemezo cyafashwe nyuma y’ibikorwa yavuze ko bibangamiye amahoro n’umutekano w’akarere.
UAE yavuze ko misile ebyiri za ballistique zarashwe ziturutse muri Iran. Imwe yaguye mu nyanja hafi y’ubutaka bwa UAE, mu gihe indi yageze mu mazi y’igihugu.
Iran yahakanye uruhare muri icyo gitero, ivuga ko ibyo UAE iyishinja bidafite ishingiro.
Iki cyemezo gishobora kugira ingaruka ku bucuruzi n’urujya n’uruza rw’ibicuruzwa hagati y’ibihugu byombi, mu gihe amakimbirane yo mu karere akomeje kugira ingaruka no ku bwikorezi bw’ibicuruzwa n’ingufu.
Isoko ry’imari muri UAE na ryo ryahungabanye nyuma y’amakuru y’icyo gitero.
UAE yavuze ko igamije kurinda umutekano wayo, mu gihe Iran ikomeje guhakana ko ari yo yateye izo misile.