Umukinnyi ukomeye wa tennis wo muri Australia, Nick Kyrgios, yahagaritswe by’agateganyo nyuma yo gupimwa agasangwa mu mubiri we harimo ikinyabutabire cya cocaine.

 

Ikizamini cyafashwe ku wa 22 Kamena 2026, ubwo Kyrgios yari yitabiriye irushanwa rya ATP 250 muri Mallorca.

 

Ikigo gishinzwe ubunyangamugayo muri tennis, ITIA, cyemeje ko muri icyo kizamini habonetse benzoylecgonine, ikinyabutabire gisigara mu mubiri nyuma yo gukoresha cocaine.

 

Kyrgios ubwe ni we watangaje ibyabaye. Yavuze ko yemeye inshingano ku byabaye kandi asaba imbabazi abafana, umuryango we ndetse n’abaterankunga.

 

Yatangaje kandi ko azamara iminsi 28 atagaragara cyane ku mbuga nkoranyambaga cyangwa mu buzima rusange, kugira ngo yite ku buzima bwe no ku bibazo amaze igihe ahura na byo.

 

Guhagarikwa kwe by’agateganyo kwatangiye ku wa 4 Kanama 2026.

 

Igihe azamara ahagaritswe burundu ntikiramenyekana. ITIA izagena igihano nyuma yo gusuzuma niba ikoreshwa ry’iyo cocaine ryarabaye mu gihe cy’irushanwa cyangwa hanze yacyo.

 

Kyrgios, wigeze kugera ku mwanya wa 13 ku isi, azwi cyane kubera imikino ye ikomeye ndetse n’imyitwarire ye yakunze kuvugisha benshi.

 

Yigeze kugera ku mukino wa nyuma wa Wimbledon mu 2022, aho yatsinzwe na Novak Djokovic.

 

Source: The Guardian

[mc4wp_form]