Abantu 12 baburiwe irengero nyuma y’uko ubwato bwari butwaye abimukira burohamiye mu majyepfo ya Tunisia.
Abantu bagera kuri 15 bari muri ubwo bwato, bwari bwerekeje mu Butaliyani. Kugeza ubu, umuntu umwe ni we warokowe, mu gihe imibiri y’abantu babiri yabonetse.
Ubwato bwahagurutse mu gace kari hagati ya Zarzis na Ben Guerdane ku wa Kane, tariki ya 20 Kanama. Uwarokotse yabonwe n’ubwato bw’ubucuruzi ku wa Gatandatu.
Nyuma y’impanuka, abashinzwe umutekano wo ku nyanja bohereje amato na kajugujugu mu gikorwa cyo gushakisha ababa bakiri bazima.
Zarzis ni kamwe mu duce twa Tunisia dusanzwe tuzwi nk’ahantu abashaka kujya i Burayi bahagurukira. Nubwo umubare w’abava muri Tunisia ugana i Burayi wagabanutse mu myaka ya vuba, ingendo zo mu bwato ziracyakomeza gutwara ubuzima bw’abantu.