Amerika na Koreya y’Epfo bagabanyije igihe n’ubunini bw’imyitozo ya gisirikare bahuriyemo, nyuma y’icyemezo cya Perezida Donald Trump cyo kugabanya ibikorwa by’iyi myitozo.

 

Imyitozo ya Ulchi Freedom Shield yari yatangiye ku wa 17 Kanama, ikaba yari iteganyijwe kumara iminsi 11.

 

Ubu izarangira ku wa 21 Kanama, iminsi itanu gusa imaze gukorwa. Hari kandi ibikorwa byo kwimenyereza imirwano byagabanyijwe.

 

Abayobozi ba Koreya y’Epfo bavuze ko impinduka zakozwe nyuma y’ubusabe bwaturutse i Washington.

 

Trump yari yavuze ko adashaka ko imyitozo ikomeza ku rugero yari isanzweho, avuga ko ahanini bishingiye ku mubano mwiza afitanye n’umuyobozi wa Koreya ya Ruguru, Kim Jong Un.

 

Icyakora, Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Koreya y’Epfo yavuze ko igihugu cye kitari cyamenyeshejwe mbere ku cyemezo cya Trump.

 

Koreya ya Ruguru yo yamaganye iyi myitozo, ivuga ko ibikorwa bya gisirikare bya Washington na Seoul ari ikibazo ku mutekano wayo.

 

Abasesenguzi bavuga ko kugabanya iyi myitozo bishobora kugira ingaruka ku mikoranire ya gisirikare hagati ya Amerika na Koreya y’Epfo, ndetse no ku biganiro Amerika ishaka kongera kugirana na Koreya ya Ruguru.

 

Source: Al Jazeera, AFP na Reuters.

[mc4wp_form]