Kenya iri mu bihugu byo muri Afurika y’Iburasirazuba bikomeje kwibasirwa n’ibyaha bikorerwa kuri murandasi, aho abantu 27 bafashwe bakekwaho kugira uruhare mu buriganya bw’ishoramari bukorerwa kuri internet.
Ibi byagaragajwe na Polisi Mpuzamahanga, INTERPOL, nyuma y’igikorwa mpuzamahanga cyo guhangana n’ibyaha by’ikoranabuhanga cyakorewe mu bihugu 16 bya Afurika.
Iki gikorwa cyiswe Operation Red Card 2.0, cyabaye hagati ya tariki ya 8 Ukuboza 2025 na 30 Mutarama 2026, cyibanda ku miyoboro y’abagizi ba nabi bakoresha internet mu gukora uburiganya bw’ishoramari, ubujura bukoresha amafaranga yo kuri telefoni ndetse n’uburiganya bw’inguzanyo zitangwa kuri murandasi.
Muri rusange, inzego z’umutekano zo muri ibyo bihugu zataye muri yombi abantu 651, zigarura amafaranga arenga miliyoni 4.3 z’amadolari ya Amerika.
INTERPOL ivuga ko iperereza ryagaragaje uburiganya bwari bumaze gutera igihombo kirenga miliyoni 45 z’amadolari, aho abantu 1,247 bamenyekanye nk’abahohotewe.
Abantu bashukwaga gushora amafaranga
Muri Kenya, abakekwaho ibyaha bakoresheje imbuga nkoranyambaga, messaging apps ndetse n’ubuhamya bw’ibihimbano kugira ngo bashuke abantu gushora amafaranga mu bigo bizwi.
Abahohotewe babanzaga gusabwa amafaranga make, rimwe na rimwe ari munsi ya dollari 50, bakizezwa ko bazabona inyungu nyinshi.
Abagizi ba nabi baberekaga konti cyangwa dashboards by’ibihimbano bigaragaza ko amafaranga yabo yiyongera. Ariko iyo uwashoye amafaranga yashakaga kuyasubirana, gusohora amafaranga byangaga.
INTERPOL ivuga ko muri icyo gikorwa hafashwe ibikoresho by’ikoranabuhanga 2,341, mu gihe imiyoboro, domains na servers 1,442 byakoreshejwe mu bikorwa by’ubugizi bwa nabi byafunzwe cyangwa bikurwaho.
Ikibazo kireba n’abakoresha Mobile Money
Nubwo Operation Red Card 2.0 yakorewe mu bihugu byinshi bya Afurika, INTERPOL yagaragaje ko mobile money fraud iri mu byaha byibanzweho.
Ibi bituma ikibazo kiba ingenzi no mu bindi bihugu bya Afurika y’Iburasirazuba, aho serivisi zo kohereza no kwakira amafaranga kuri telefoni zikoreshwa n’abantu benshi.
Abagizi ba nabi bakomeje gukoresha uburyo butandukanye bwo gushuka abantu, harimo ubutumwa bw’ibinyoma, imbuga nkoranyambaga, porogaramu z’ubutumwa ndetse n’imbuga zigaragara nk’iz’ukuri.
INTERPOL yasabye abantu batakaza amafaranga cyangwa bagahura n’ibyaha bikorerwa kuri internet kubimenyesha inzego z’umutekano, mu rwego rwo gufasha mu gukurikirana imiyoboro y’abagizi ba nabi ikorera mu bihugu bitandukanye.
Iki gikorwa cyagaragaje uburyo cybercrime ikomeje kurenga imipaka y’ibihugu, aho itsinda rimwe ry’abagizi ba nabi rishobora gushuka abantu bari mu bihugu bitandukanye riri ahandi.
Ku bakoresha serivisi z’imari kuri telefoni na internet, ubutumwa bw’ibintu byunguka amafaranga menshi mu gihe gito bukomeje kuba kimwe mu bimenyetso bikwiye gutera amakenga.