Abantu 27, barimo abana bane, bishwe mu bitero byabereye muri leta ya South Kordofan muri Sudan, mu gihe intambara ikomeje guhitana abasivili.
Amakuru yatangajwe na Al Jazeera ku wa 26 Kanama 2026 ashingiye ku muryango w’abaganga muri Sudan, avuga ko abo bantu bishwe mu bice bya Qardud na Abu Hamama, bituwe n’abaturage bo mu bwoko bw’Abotoro.
Uyu muryango ushinja abarwanyi b’umutwe wa Sudan People’s Liberation Movement-North (SPLM-N) kugira uruhare muri ibyo bitero.
South Kordofan ni kamwe mu duce twa Sudan tumaze igihe kibasiwe n’imirwano ikomeye, mu gihe intambara yo muri iki gihugu ikomeje gutera abantu benshi kuva mu byabo.
Ibitero biheruka byongeye guteza impungenge ku mutekano w’abasivili, cyane cyane mu duce dutuwe n’amatsinda y’amoko atandukanye.