Ubwami bwa Tooro muri Uganda buri mu bibazo by’uwasimbura Umwami Oyo Nyimba, wapfuye ku wa 27 Kanama 2026 afite imyaka 34. Yari ateganyijwe gushyingurwa ku wa Gatandatu, tariki ya 12 Nzeri, ariko impaka ku uzamuzungura zishobora kubangamira umuhango.

 

Umwami Oyo yimitswe afite imyaka itatu mu 1995, aba umwe mu bami bato cyane ku isi. Yaguye muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika aho yari arimo kuvurwa kanseri.

 

Komite ishinzwe guhitamo umwami mushya yatangaje ko yahisemo igikomangoma Edward Rukidi Kijanangoma, mwene wabo wa Oyo akaba n’umunyamakuru wa Uganda Broadcasting Corporation (UBC).

 

Icyakora, nyina wa Oyo, Umwamikazi Best Kemigisa, na mushiki we Princess Ruth Komuntale, banze uwo mwanzuro. Bavuga ko nyakwigendera yasize isezerano ryanditse rivuga ko umuhungu we ari we wagombaga kumusimbura.

 

Ikibazo gikomeye ni uko uwo mwana atari asanzwe azwi ku mugaragaro, kandi umuryango w’Umwami Oyo nturashyira ahagaragara umwirondoro we. Ibyo byatumye havuka impaka ku kuba yujuje ibisabwa n’imigenzo y’Ubwami bwa Tooro.

 

Kugeza ubu, abayobozi ba Uganda, umuryango w’ibwami n’abagize umuryango mugari wa cyami bari mu biganiro bigamije gukemura ikibazo mbere y’ishyingurwa. Muri uwo muco, umusimbura w’umwami aba akenewe kugira ngo akore imihango imwe n’imwe ijyanye n’ishyingurwa rye.

 

Source: Reuters